"Umwana ni uw'umuryango."
— Umugani
Kurera umwana bisaba ubufatanye bw'umuryango mugari ababyeyi nabo bakeneye inkunga y'umuryango ubashyigikira.
Kurera abana biragoye, ariko ni umugisha kandi inshingano nziza. Niba urera abana b'abanyafurika kugira ngo babe inzobere, bemye mu murage wabo kandi bategura ejo habo heza - uyu muryango ni uwawe.

Ni bande uru rubuga rugenewe?
Uru rubuga rugenewe ababyeyi bose n'abitegura kuba ababyeyi, b'abanyafurika.
Waba utuye kuri uyu mugabane cyangwa uba mu mahanga; Waba uri kurerera abana bawe i Lagos muri Nijeriya, i Windhoek muri Namibiya, Montreal muri Kanada, i Lyon mu Bufaransa, cyangwa i Musanze mu Rwanda, uru rubuga ni urwawe niba ushaka ko abana bawe baba abana:
- Bashoboye
- Bifitiye icyizere
- Bagendera ku ndangagaciro z'umuco wabo
- Biteguye kwesa imihigo ku ruhando mpuzamahanga
- Kandi bazabaho ubuzima bufite intego
IKAZE MURI UYU MURYANGO MUGARI:UMURYANGO WUBAKIWE ABABYEYI, WUBATSWE N'ABABYEYI
Kurera abana ni urugendo dukora neza hamwe. Injira mu muryango mugari wihariye, aho ababyeyi basangira ubumenyi bufatika, inzobere zatumijwe zitwongerera ubushobozi, n'imiryango ihuza binyuze mu mikino, siporo no kuganira.
Ibitekerezo by'abanyafurika ku bijyanye no kurera
Abana ba Afurika bakwiye kugira inzozi zishingiye ku bwiza bw'aho bakomoka, aho kuba ku mashusho y'imahanga babona kuri interineti.

Dr. Arikana Chihombori-Quao
Umuganga, Umunyapolitike, akaba n'impirimbanyi y'iterambere rya Afurika
Afurika izarokorwa n'ababyeyi batemera ko imitekerereze y'abana babo iyoborwa n'abanyamahanga

Bankie Forster Bankie
Umunyanamibiya w'impirimbanyi y'iterambere rya Afurika
